Kuri uyu wa kane tariki 30 Mata 2026, umuyobozi w'icyubahiro wa APR FC, Gen Mubarak Muganga yasuye iyi kipe mu myitozo i Shyorongi aganiriza abakinnyi mbere yo guhura n'ikipe ya Rayon Sports muri...
Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko rishyigikiye kandidatire ya Gianni Infantino ugiye kongera kwiyamamariza kuyobora Impuzamashyirahamwe y'Umupira w'Amaguru ku Isi, FIFA, muri manda ya 2027 izageza muri 2031.
Amatora ya Perezida wa FIFA ateganyijwe tariki 18 Werurwe 2027 i Rabat muri Maroc, mu nteko rusange ya FIFA izahabera.
FERWAFA yavuze ko impamvu yo gushyigikira Gianni Infantino ari uko mu gihe cy'ubuyobozi bwe umupira w'amaguru wageze ku iterambere rigaragara, ukagaragaramo gukorera mu mucyo, no gutanga amahirwe angana kuri bose.
FERWAFA yakomeje ivuga ko yizera ko gukomereza mu cyerekezo cya Gianni Infantino ari ingenzi cyane mu guhangana n’ibibazo n’amahirwe biri imbere mu mupira w’amaguru, ndetse no gukomeza gushimangira impinduka ziri gukorwa ubu.
FERWAFA...
Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame yitabiriye umukino ubanza wa 1/2 cya UEFA Champions League warangiye Atletico Madrid inganyije na Arsenal igitego...